Perezida Kagame ategerejwe muri Tanzania, aho azagirira uruzinduko rw'akazi rw'umunsi umwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Gicurasi 2026.


Mu ruzinduko rwe, Umukuru w'Igihugu azagirana ibiganiro byihariye na mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, biganisha ku kwagura umubano uhuriweho n'ibihugu byombi. 


Kuri uyu wa 2 Gicurasi 2026, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Tanzania, Bakari S. Machumu, yatangaje ko Perezida Kagame azaganira mugenzi we, Dr. Suluhu Hassan, ku ngingo z’ubufatanye bw’ibihugu byombi.



Comments

Popular posts from this blog