Perezida Kagame ategerejwe muri Tanzania, aho azagirira uruzinduko rw'akazi rw'umunsi umwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Gicurasi 2026.
Mu ruzinduko rwe, Umukuru w'Igihugu azagirana ibiganiro byihariye na mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, biganisha ku kwagura umubano uhuriweho n'ibihugu byombi.
Kuri uyu wa 2 Gicurasi 2026, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Tanzania, Bakari S. Machumu, yatangaje ko Perezida Kagame azaganira mugenzi we, Dr. Suluhu Hassan, ku ngingo z’ubufatanye bw’ibihugu byombi.


Comments
Post a Comment