Posts

Image
 Impaka zikomeje kuvugisha benshi ku mpinduka zagaragaye ku isura ya Vinícius Júnior nyuma yo kwibagisha akanwa Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gukwirakwira amafoto mashya ya rutahizamu w'Ikipe y'Igihugu ya Brésil ndetse na Real Madrid, Vinícius Júnior, agaragaza impinduka zidasanzwe ku isura ye. Ibi byatumye benshi batangira kwibaza niba koko ari we, mu gihe abandi bavuga ko kumumenya byabaye ikibazo kubera uburyo isura ye yahindutse. Izi mpaka zatangiye gukaza umurego nyuma y'uko ikinyamakuru cyo muri Brésil, TMC, gitangaje ko ku wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026, Vinícius Júnior yitabye ivuriro riherereye mu mujyi wa Goiânia aho yakorewe ubuvuzi bwihariye n'umuganga w'uruhu uzwi cyane witwa Dr. Alessandro Alarcão. Amakuru avuga ko uyu mukinnyi yakoze icyo bamwe bise "kwibagisha akanwa", uburyo bukunze gukorwa hagamijwe kunoza imiterere y'isura no gutuma inseko irushaho kugaragara neza. Nubwo nta tangazo rasmi Vinícius cyangwa Rea...
Image
  Ijoro ry'agatangaza SHAKIRA aho yaramye kuri stage bigatungura abantu kubona yinjiranye na ghetto kids Kubona Shakira agenda ku rubyiniro ari kumwe na Ghetto Kids bo muri Uganda,ndeshe na   Wyclef  wari umushyitsi we wihariye, ndetse n'imbaga idasanzwe y'abafana bo muri New Jersey , byagize ijoro ryuzuye amarozi n'ibyishimo bitazibagirana.
Image
  AMAFOTO 🚨 Lecturer Ngarambe Sylvester uri mu kigero cy'imyaka 70  wigisha muri Kaminuza ya UTAB mu Karere ka Gicumbi , akomeje kuvugisha benshi nyuma y'aho kuva tariki 18 Kamena 2026 hagiriye hanze amafoto ari gusezerana n'umukobwa bigaragara ko ari mu kigero cy'imyaka 25 y'amavuko. Muri ayo mafoto kandi harimo n'aho uyu mukobwa ndetse na Ngarambe Sylvester bivugwa ko basezeranye imbere y'amategeko bari hamwe n'imiryango. ‎Ngarambe umaze imyaka 42 irenga yigisha yageze muri UTAB 2013 aho yigishaga Ikinyarwanda n'Igiswahili.  ‎ ‎Ngarambe afite Masters Degree  mu Kwigisha Ikinyarwanda. Haba abize muri Kaminuza ya Byumba ndetse n'abandi bakomeje kubifuriza urugo ruhire. Imana izabubakire 
Image
 🚨 𝐔𝐏𝐃𝐀𝐓𝐄𝐒! Nyuma yo kwanga kumvira ibaruwa y’umunyamategeko wa Miss Mutesi Jolly, birangiye umuhanzi Bebe Cool yumviye umuhungu wa Perezida wa Uganda “General Muhoozi Kainerugaba wamusabye guhagarika gushyira kumbuga ibibazo afitanye na Miss Jolly.📨🍿🎬 “Good morning, all. This morning i received a call from my big brother “General Muhoozi Kainerugaba”, regarding the issue with Jolly.” “As my elder and leader, he advised me to drop it, delete the tweets, and resolve it amicably off social media since we are both family to him and there is no need for a public spat. l appreciate his guidance and agree. Thank you.”~Bebe Cool said. “Mwaramutse mwese, Muri iki gitondo nakiriye telefoni y’umuvandimwe wanjye mukuru, General Muhoozi Kainerugaba, ku bijyanye n’ikibazo kiri hagati yanjye na Jolly.” “Nk’umukuru wanjye ndetse n’umuyobozi nubaha, yangiriye inama yo guhagarika iki kibazo, ngasiba ibyo nari natangaje ku mbuga nkoranyambaga, kandi tukagikemura mu bwumvikane hanze y’izo ...
Image
 King James n’itsinda ry’abo bafatanyije gutegura igitaramo cye ‘20 Years of King James’, bemeje ko bamaze gushyiraho umunsi wa kabiri nyuma y’uko amatike y’umunsi wa mbere ashize ku isoko mu gihe cy’iminsi itatu gusa.
Image
Ubumenyi bwa Utah Nice bwatunguye Chriss Eazy (Video)  29-05-2026 - saa 09:34,    UWASE Cynthia  Chriss Eazy yatangaje ko yatunguwe bikomeye no gusanga Utah Nice afite ubumenyi mu gutunganya amashusho y’indirimbo ku rwego rw’uko ari we wikorera ize. Ibi Chriss Eazy yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo we na Utah Nice bari mu kumenyekanisha indirimbo yabo nshya bise ‘My mind’. Ati “Nari nzi ko ari njye muhanzi njyenyine wikorera ‘editing’ y’amashusho y’indirimbo mu Rwanda, ariko na we nasanze abyikorera, na byo ni ikindi kintu cyanshimishije.” Nubwo afashwa n’abavandimwe be Isimbi Nailla ndetse na Cedric Dric basanzwe bazwiho ubuhanga mu gufata no gutunganya amashusho y’indirimbo, Utah Nice na we yemeza ko afite ubumenyi mu kuyatunganya. Ku rundi ruhande, Utah Nice uri mu bakobwa bari kuzamuka neza mu muziki w’u Rwanda muri iyi minsi, yemeje ko zari inzozi ze gukorana indirimbo na Chriss Eazy bahuriye mu yitwa ‘My mind’. Utah Nice watangiye umuziki mu 202...
Image
 Miss Nishimwe Naomie ufite ikamba rya Miss Rwanda 2020, yegukanye ibihembo bitatu mu bihembo bya Ebobea Book Awards 2026 abikesha igitabo cye “More Than a Crown” yamuritse mu mpera ya 2025. Iki gitabo kigizwe na paji 192 cyahesheje Miss Naomie ibihembo birimo icy'umwanditsi mwiza (Best Author), icy'Igitabo cyiza (Best Book) n'lcy'umwanditsi utera imbaraga abandi (Most inspiring Author). Iki gitabo cyari gihatanye mu bitabo 30 biturutse mu bihungu birimo Pakistan, China, Sri Lanka, Iran, Israel, Rwanda, Zambia, Kenya,Morocco, Brazil, Cuba, Guatemala, USA, France, Bosnia, na Australia. Miss Naomi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa 28 Gicurasi 2026 yashimiye byimazeyo abamushyigikiye muri uru rugendo rumugejeje ku ntsinzi barimo umuryango we, inshuti ze, umugabo we, Michael Tesfay n’abafana be. Tariki 14 Ukuboza 2025, nibwo Miss Nishimwe Naomi yamuritse ku mugaragaro igitabo ‘More than a Crown’. Iki gitabo Kigaruka byimbitse ku buzima bwe mbere yo kwegukana...