Perezida wa Tanzania, Dr Samia Suluhu Hassan, yavuze ko u Rwanda n'igihugu cye bikorana mu nzego zirimo ubucuruzi, ishoramari, ubuhinzi, ingufu, ibikorwaremezo, ubwikorezi ndetse n'umutekano.


Izi ngingo ziri mu byaganiriweho mu biganiro byo mu muhezo byahuje abakuru b'ibihugu byombi n'ibyitabiriwe n'abaminisitiri batandukanye.


Ati "Twaganiriye ku ngingo zitandukanye ariko icy'ingenzi muri byo ni ubucuruzi n'ishoramari bigamije kuzamura ubukungu bwacu. Ubucuruzi hagati y'u Rwanda na Tanzania yageze kuri miliyari 644 z'amashilingi mu mwaka ushize."


Soma Inkuru zacu kuri:@agezwehomedia





Comments

Popular posts from this blog